02/07/2018
UMUMARO WO KWIZERA
Haracyasigaye igihe kigufi cyane, Kandi uzaza ntazatinda.38Ariko umukiranutsi wanjye azabeshwaho no kwizera. Nyamara nasubira inyuma,umutima wanjye ntuzamwishimira (Abaheb10:37-38).
Imana ishimwe yo yategetse ko bi bintu byayo bitazajya bihera mu magambo gusa ahubwo yanategetse ko ari ibintu bizatubeshaho twebwe ababyizera.
Mu magambo make ataruhije kuyumva ni uko ikintu kibesheje ho umuntu ari ikintu akora kikamuzanira imibereho mu bu*ima bwa buri munsi. Nanone bivuze iki muri ubu bu*ima tubaho dusa naho duhatana? Mu nzira yubu*ima bwacu harimo ibirushya byinshi n’amagorwa! Tugenda turushye tutazi ibizaba ejo. Umwijima uri aho ari hose watekereza kujya, kuko burya ku isi ibibi nta hantu twabihungira.
Nuko rero dukenera u*i byose uhagarara mu itangiriro akareba mu iherezo ngo atuyobore, kuko aho tuba ahazi neza kuruta uko hamenywa n’uwariwe wese. Natwe ikigu*i dutanga kikaba ari ukubaho tubeshejweho no kumvira amabwiriza y’utuyoboye, kuko aho atujyana ho harusho kuba heza. Kugenda twumvira amagambo ya Yesu Kristo bituzanira amahirwe yo kutagwa mu mitego y’umwanzi satani, bityo rero ubugingo bwacu bukorakoka butyo! Mbese tugakomeza tukabaho!
Hari aho Uwiteka yigeze ihishurira imibereho myiza ubwoko bwe bw’Abisiraheri nubwo byabagoye kubyumva. Yaragize iti “Nuko mujye mwitondera amategeko yanjye n’amateka yanjye, ibyo uzabikora azabeshwaho na byo. Ndi Uwiteka” (Abalewi 18:5). Aha Uwiteka yababwiraga ko umuntu wese uzafata umwanzuro wo kubaho amawumwira azabishwaho na byo. Yongeyeho ijambo ngo ndi Uwiteka.
Bivuze ko ari we ubwe wishyiriyeho iryo hame. Kandi koko ababyizera bibarinda umuze mu mibiri yabo, bigatera imitima yabo kubaho ituje kandi inezererewe umwami w’amahoro ari we Yesu Kristo.
Abaroma 10:17-18
“ 17Dore kwizera guheshwa no kumva, no kumva kukazanwa n’ijambo rya Kristo. 18 Ariko ndabaza nti “Ntibumvise?” Yee, rwose barumvise ndetse “Ijwi ryabo ryasākaye mu isi yose, Amagambo yabyo agera ku mpera y’isi.”
Nkuko bibiliya itubwiye ko kwizera guheshwa no kumva ijambo rya Kristo. Umuntu aramutse afashe umwanzuro wo kubaho atunzwe n’ibyavuzwe n’umukiza
Yesu Kristo byamubera ubu*ima pe. Ariko ndabaza nti “Ntibumvise?” Yee, rwose barumvise ndetse “Ijwi ryabo ryasākaye mu isi yose, Amagambo yabyo
agera ku mpera y’isi.”
Ni ba iri jwi ryaregeze ku mpera z’isi abaryumviye ni bangahe? Kubeshwaho no kwizera ni ikintu kirenze cyane uko umuntu babyatuza akanwa. Ahubwo ni ubu*ima bu*ira icyaha ariko kutumvira. Uba muri ubu bu*ima yumva ibyo abandi batumva, akavugana n’umuyobora mu ibanga rikomeye, atekereza ibitandukanye n’ibyabandi batekereza, mbese ayoborwa muri byose
nushaka kumukiriza ubugingo bwe.
Iyi ni intambwe nayifuriza buri mwizera wese yo kugera ku rwego rwo kubeshwaho no kwizera ibya Yesu Kristo uwo utuyobora mu nzira yubugingo buhoraho. Ubwo tuyoborwa n’umukiza wacu dufite amahoro muri urwo rugendo kandi azatugeza mu ijuru amahoro ntabwo tuzongera kwibuka urugendo.
Umugisha kuri mwe mwese mwasangiye nanjye ubu butumwa kandi nanabararikira kuzabana nanjye mu gice cya nyuma cy’ibyo kwizera kitwa Amaherezo yo kwizera.
Imana ibahe umugisha.
“Haracyasigaye igihe kigufi cyane, Kandi uzaza ntazatinda.38Ariko umukiranutsi wanjye azabeshwaho no kwizera. Nyamara nasubira inyuma,umutima wanjye ntuzamwishimira (Abaheb10:37-38).