K-Network

K-Network K-NETWORK.............. BE RECOGNIZE WITH US

🚨AMAKURU MASHYA🚨Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bitabiriye Inama Nkuru ya 17 iteraniye kuri Intare Arena, bagejejweho am...
19/12/2025

🚨AMAKURU MASHYA🚨

Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bitabiriye Inama Nkuru ya 17 iteraniye kuri Intare Arena, bagejejweho amavugurura yakozwe mu nzego z’ubuyobozi bw’Umuryango, hashyirwaho urwego rw’inararibonye.

Hemejwe kandi abagize Komite Nyobozi bashya aribo:

• Hon. Uwimana ConsolĆ©e, Visi Perezida wa mbere.
• ⁠Hon. kayisire Marie Solange, Visi Perezida wa Kabiri.
• ⁠Hon. Bazivamo Christophe, Umunyamabanga Mukuru.
• ⁠Bwana Gasana Karasanyi Stephen, Umunyamabanga Mukuru Wungirije.

PUBLICITƉ
18/12/2025

PUBLICITƉ

ITANGAZO...
18/12/2025

ITANGAZO...

Kubera amadenI, Tshisekedi yamanitse ukuboko yimwa ijambo mu nama ya SADC=====Perezida wa Repubulika Iharanira Demokaras...
18/12/2025

Kubera amadenI, Tshisekedi yamanitse ukuboko yimwa ijambo mu nama ya SADC
=====
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FĆ©lix Tshisekedi, yangiwe kuvuga ubwo Abakuru b’ibihugu byo mu muryango w’Akarere ka Afurika y’Amajyepfo (SADC) bari bateraniye mu nama idasanzwe.

Ni inama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025, yifashishije ikoranabuhanga.

Urubuga Actualite cd rwatangaje ko amasoko yarwo yaruhaye amakuru ko Perezida FƩlix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yimwe ijambo muri iyo nama, kubera amadeni igihugu cye kibereyemo Umuryango wa SADC.

Aya madeni ashingiye ku misanzu y’amafaranga DRC itigeze itanga mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC).

umuseke.rw

Mu mwaka wa 2026, u Rwanda ruzakorerwa isuzuma rigaragaza aho rugeze mu iterambere ndetse rishobora kuzasiga rukuwe mu b...
18/12/2025

Mu mwaka wa 2026, u Rwanda ruzakorerwa isuzuma rigaragaza aho rugeze mu iterambere ndetse rishobora kuzasiga rukuwe mu bihugu bifite iterambere rikiri hasi (Least Developing Countries/LDCs) mu 2027.

Byagarutsweho n’Umuhuzabikorwa w’Amashami ya Loni mu Rwanda, Ozonnia Ojielo, kuri uyu wa Kane, mu nama yahuje amashami yose y’Umuryango w’Abibumbye akorera mu Gihugu na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi mu kurebera hamwe ibyagezweho mu 2025.

Nyuma y’amezi atatu gusa yerekeje muri Simba Queens yo muri Tanzania, Umutesiwase Magnifique yamaze gusezererwa na yo ku...
18/12/2025

Nyuma y’amezi atatu gusa yerekeje muri Simba Queens yo muri Tanzania, Umutesiwase Magnifique yamaze gusezererwa na yo kubera ko atari ku rwego ikipe imwifuzaho.

Muri Nzeri uyu mwaka, ni bwo ikipe ya Simba Queens yo muri Tanzania, yemeje ko yamaze gusinyisha Umutesiwase Magnifique wakiniraga Indahangarwa WFC yo mu Burasirazuba.

I Rubavu bagiye kubarura abantu badafite akazi (abashomeri) bafite imyaka iri hagati ya 16 – 64 y’amavuko, hagamijwe kug...
18/12/2025

I Rubavu bagiye kubarura abantu badafite akazi (abashomeri) bafite imyaka iri hagati ya 16 – 64 y’amavuko, hagamijwe kugira igenamigambi rishingiye ku mibare, kandi bakajya bahuzwa n’amahirwe y’akazi azajya aboneka.

Nyanza: Uwahaye ruswa umuyobozi wa RIB yakatiwe imyaka 5==Urukiko Rukuru urugereko rwa Nyanza rwagabanyirije igihano Ved...
18/12/2025

Nyanza: Uwahaye ruswa umuyobozi wa RIB yakatiwe imyaka 5
==
Urukiko Rukuru urugereko rwa Nyanza rwagabanyirije igihano Vedaste Ndizeye, waregwaga guha ruswa y’ibihumbi 200 Frw uwahoze ayobora RIB i Nyanza, rumuhanisha igifungo cy’imyaka 5 ivuye ku myaka 7 yari yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye.

 #š€šŒš€šŠš”š‘š” šŒš€š’š‡š˜AIbyemezo by'Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 Ukuboza 2025 iyobowe na Perezida Paul Kagame.
18/12/2025

#š€šŒš€šŠš”š‘š” šŒš€š’š‡š˜A

Ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 Ukuboza 2025 iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Abamotari batwara moto z’amashanyarazi bagiye guhugurwa==Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Spiro Rwanda, Shanton Ngabire...
18/12/2025

Abamotari batwara moto z’amashanyarazi bagiye guhugurwa
==
Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Spiro Rwanda, Shanton Ngabire, yavuze ko ubu bari mu mikoranire n’inzego zitandukanye kugira ngo batangire gutanga ayo mahugurwa ko kandi ari ibikorwa bizatangira mu ntangiriro ya 2026 mu Gihugu hose.

umuseke.rw

Address

Kigali - North - Musanze - Kinigi
Kinigi

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when K-Network posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Shortcuts

Share

Category