19/05/2026
Impamvu zo gusura no gutemberera mu busitani buzwi nka "El Classico Garden" i Rubavu
---------------------------------------------------------------------
Mu mutima w’ubwiza bwa Rubavu, ahantu hatuje kandi hari umwuka mwiza uturutse mu Kiyaga cya Kivu, ni ho hihishe ubusitani bwa El Classico Garden, ahantu hagezweho hagenewe kwakira ibirori n’iminsi mikuru y’ubwoko bwose. Ubu busitani buherereye hafi ya EL CLASSICO BEACH CHEZ WEST mu Murenge wa Nyamyumba, bukaba butanga ibyishimo bidasanzwe bihuza n’ubwiza bw’ibimera, amahumbezi y’ikiyaga n’ikirere cyiza gituma buri wese ahasohokera yumva atuje kandi anezerewe.
El Classico Garden ni ahantu heza cyane ho gukorera ubukwe, ibirori byo gusaba no gukwa, iminsi mikuru yo kwizihiza isabukuru, inama ndetse n’ibindi birori bitandukanye bisaba ahantu hafite isuku, ubwiza n’umutekano. Ubusitani bwateguwe mu buryo bugezweho butuma abahakiriye ibirori babasha kwakira abashyitsi babo neza kandi mu buryo bubereye ijisho. Iyo ugeze muri El Classico Garden uhita ubona ko ari ahantu hakwiriye guha ibirori byawe isura nshya kandi y’icyubahiro.
Abakunda gufata amafoto meza nabo bahafite amahirwe adasanzwe. Imiterere y’ubusitani, ubwatsi butoshye, imitako itatse neza ndetse n’Ikiyaga cya Kivu bituma amafoto ahafatiwe aba afite umwihariko n’ubwiza bikurura buri wese uyabona. Ni ahantu heza ku bashaka gukora photoshoot z’ubukwe, izo kwizihiza imyaka y’amavuko, amafoto y’urwibutso ndetse n’ay’abanyamideri bashaka amafoto.
Uretse kwakira ibirori no gufata amafoto, El Classico Garden ni n’ahantu heza ho kuruhukira no gusohokera hamwe n’inshuti cyangwa umuryango. Kuba iri hafi y’amazi y’Ikiyaga cya Kivu bituma habamo akayaga keza n’ikirere gituma umuntu yishimira umwanya ahamaze. Ni ahantu ushobora gusangamo ituze, ubwiza na serivisi nziza mu gihe kimwe.
Ku bifuza kuhakorera ibirori cyangwa gusaba amakuru arambuye, mwavugana na El Classico Garden kuri telefone: +250 783 256 132 cyangwa +250 789 400 200. El Classico Garden ni ahantu hiyubashye, hagezweho kandi hateguwe ku rwego rwo gutuma ibirori byawe biba iby’akataraboneka ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu.